Image default
Mu mahanga

Malawi: Abana bafite ‘dreadlock’ bakomorewe mu mashuri ya Leta

Urukiko rukuru muri Malawi rwategetse abashinzwe uburezi kureka abanyeshuri bafite ibisage (dreadlocks) bakiga nta nkomyi mu mashuri ya leta mu gihugu.

Uru rukiko, rwateraniye mu mujyi wa Zomba mu burasirazuba, rwacaga urubanza ku kirego gisaba kurenganura abana babiri b’aba-rasta amashuri ya leta yanze kwakira mu 2016 na 2010.

Gusa aba bana nyuma bagiye kwiga kuri ayo mashuri bitegetswe n’urukiko mu gihe rwarimo rwiga runaburanisha uru rubanza.

Ibiganiro hagati y’imiryango y’abarasta muri Malawi n’uruhande rw’ubushinjacyaha byananiwe kugera ku bwumvikane maze uru rubanza ruba rurerure, umwanzuro warwo wafashwe kuwa mbere.

BBC World Service - Focus on Africa, Malawi dreadlock legal success

Umucamanza Zione Ntaba yategetse ko kubuza abana bafite ibisage kwiga binyuranyije n’uburenganzira bwabo ku burezi.

Ntaba yategetse ati: “Minisiteri y’uburezi ikwiye gusohora itangazo ryemerera abana bose b’abarasta bafite ibisage kwinjira mu ishuri. Iryo tangazo rigomba gukorwa bitarenze tariki 30 Kamena(6)”.

Iki kirego cyari cyatanzwe n’imiryango itatu iharanira uburenganzira bwa muntu, mu izina ry’umuryango mugari w’abarasta muri Malawi.

  • @BBC

Related posts

Joe Biden yijeje gufatanya na AU gukemura amakimbirane muri Africa

Ndahiriwe Jean Bosco

Umupfumu ushinjwa kwica abantu 8 barimo n’umusirikare yakatiwe gufungwa burundu

EDITORIAL

Biden avuga ko Trump ‘ateye ishozi’ kubera kwibaza ku nkomoko ya Kamala Harris

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar