Image default
Amakuru

Ikigo gishinzwe imiturire cyakodesheje inzu y’Urukiko rw’Ikirenga mu buryo bufifitse

Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta (AOG) ya 2019-2020, yagaragaje ko Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Imiturire (RHA) cyakodeshereje Urukiko rw’ikirenga inzu ya miriyoni zisaga 117 z’amafaranga y’u Rwanda buri kwezi.

Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko Ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Umutungo wa Leta (PAC), yasabye ibisobanuro RHA kuri aya mafaranga kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Nzeri 2021.

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire cyemera ko cyakodeshereje Urukiko rw’Ikirenga inzu ya 117,261,000 z’amafaranga akanama gashinzwe amasoko nta ruhare kabigizemo.

Umuyobozi Mukuru wa RHA, Nshimyumuremyi Felix, yemera ko ubwo hatangwaga isoko, habuzemo ushinzwe amategeko n’akanama gashinzwe amasoko ntikabigiramo uruhare.

Yabwiye Imvaho Nshya ko ikibazo cyabayeho ari uko mu itangwa ry’isoko, hari ababuzemo kandi baragombaga kugira uruhare mu gutanga iryo soko.

Ahamya ko ubugenzacyaha bwinjiye muri iki kibazo cyane ko ngo hari bamwe batangiye kubazwa.

RHA isobanura ko ubuso bwose bwishyuwe bwari bujyanye n’aho abakozi bagombaga gukorera.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa RHA, Nsanzineza Noel, na we ashimangira ko amakosa yakozwe n’ubuyobozi.

Yagize ati: “Twavuga ko ari amakosa y’ubuyobozi kuko ni bwo butanga umurongo kugira ngo habeho kumvikana n’abakodesha”.

SRC:Imvahonshya

Related posts

CLADHO yanenze uburyo kwimura abaturage mu manegeka bikorwamo

Emma-Marie

Hateguwe ibihembo ku Bigo bya Leta n’abikorera badaheza abafite ubumuga

Emma-Marie

Abamotari 80 bafatiwe mu mujyi wa Kigali

Emma-Marie

1 comment

Emma-Marie September 11, 2021 at 10:39 am

mmmm

Reply

Leave a Comment

Skip to toolbar