Image default
Politike

Perezida wa Guinea-Bissau ari mu Rwanda

Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, yakiriye mu biro bye Village Urugwiro Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinea-Bissau uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.

Image

Umukuru w’Igihugu na mugenzi we bagiranye ibiganiro byagarutse ku bibazo bireba ibihugu byombi ndetse no ku mugabane wa Afurika. Nk’uko urubuga rw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu rwabitangaje.

Perezida Kagame yakiriye kandi Ramtane Lamamra, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Algeria akaba n’intumwa yihariye ya Perezida Abdelmadjid Tebboune.

Image

Ku ya 7 Werurwe 2022, nibwo Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinea-Bissau yaherukaga mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.

Nyuma y’ibiganiro yagiranye na mugenzi we w’u Rwanda byabereye mu muhezo, bombi bakurikiranye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye zirimo ibijyanye n’ubukungu, ubucuruzi, uburezi, kubungabunga ibidukikije ndetse n’ubukerarugendo.

Image

@KT

Related posts

Ikoranabuhanga n’itumanaho kimwe mu byahinduye ubuzima bw’u Rwanda mu myaka 26 ishize

Emma-marie

Isomo DGPR-Green Party yakuye mu matora yo mu 2017 ryatumye ifata ingamba zikomeye

EDITORIAL

‘Mujyane, hari igihe ari we wazarokoka!’ Ubuhamya bwa Dusengiyumva wiciwe umuryango muri Jenoside

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar