Image default
Abantu

Umunyamakuru Cyuzuzo Jeanne D’arc yavuze ‘Yego’

Cyuzuzo Jeanne D’Arc, Umunyamakuru wa KISS FM, unakora ikiganiro ‘Ishya; gica kuri Televiziyo Rwanda yabwiye umukunzi we Thierry Eric Niyigaba ‘Yego’ amwemerera ko azamubera umugore.

Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 5/12/2021 nibwo Cyuzuzo Jeanne D’Arc yabwiye ‘Yego’ umukunzi we, nyuma y’iminsi bari mu rukundo ruzira amakemwa nk’uko inshuti zabo za bugufi zabihamirije IRIBA NEWS.

Amafoto anogeye ijisho akomeje guhererekanwa n’inshuti zaba bombi ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Cyuzuzo na Thierry  bafite akanyamuneza barebana akana ko mujisho, indi ibagaragaza bagwanye mu byano hakaba n’indi igaragaza Cyuzuzo afite indabo  mu ntoki.

Igihe ubukwe bwabo buzabera ntikiratangazwa.

IRIBA.NEWS@gmail.com

 

Related posts

Rusizi: Abagore n’abakobwa 50 bafatiwe mu birori bya ‘Bridal Shower’

EDITORIAL

Imyaka 10 irashize Butera Knowless yinjiye mu muziki

Emma-marie

Abakoraga ‘Decoration’ mbere y’umwaduko wa Covid-19 barataka igihombo

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar