Image default
Abantu

Kamonyi: Polisi yataye muri yombi abibye Moto

Abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ubujura (Crack down) kuwa Gatanu tariki ya 18 Gashyantare bafashe Nkuriza Vincent w’imyaka 33, na Mushinzimana Emmanuel bacyekwaho ubufanye mu kwiba moto ya Mushinzimana Alex umumotari wo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.

Aba bombi bafatiwe mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Muganza, Umudugudu wa Nyagacyamo. Bafashwe barimo gushaka umukiriya ugura iyo moto.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu uko ari babiri byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati” Hari umuturage wa  hariya i Runda bahaye amakuru Polisi ko hari umuntu urimo gushaka umukiriya ugura moto kandi afite amakuru ko iyo moto ari inyibano. Byakubitanye n’uko uwo muturage yari afite amakuru ko  Mushinzimana Alex yari yatezwe n’abantu bamwambura moto. Abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ubujura bagendeye kuri ayo makuru bafata Nkuriza Vincent afatirwa iwe mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Nyamata naho Mushinzimana Emmanuel yafatiwe iwe mu Murenge wa Kigali Akarere ka Nyarugenge ahakunze kwitwa Norvege ari naho moto yari ihishe.”

SP Kanamugire akomeza avuga ko Nkuriza amaze gufatwa yemeye ko koko mu ijoro rya tariki ya 14 Gashyantare we na Mushinzimana bateze Mushinzimana Alex baramukubita bamwambura moto yari atwaye. Mushinzimana Emmanuel niwe wahishe iyo moto iwe i Norvege Nkuriza ajya gushaka abakiriya bayigura.

Yagize ati” Nkuriza amaze gufatwa ntiyaruhanyije yemeye ko yafatanije na Mushinzimana gutega Mushinzimana Alex bakamwambura moto. Mushinzimana yayibitse mu nze ye we ajya kuyishakira abakiriya, hakurikiyeho gushaka Mushinzimana nawe arafatwa amaze gufatwa yavuze ko yasabwe na Nkuriza kumubikira moto ariko ntiyari azi ko ari iyo yibye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yashimiye abaturage batanze amakuru anakangurira abantu kwirinda kurarikira iby’abandi abashishikariza gukora cyane kugira ngo bagere ku byo bashaka badakoze ibyaha. Yavuze ko Polisi ifatanije n’abaturage n’izindi nzego batazahwema kurwanya ibyaha ariko hatanwe amakuru hakiri kare kugira ngo ibyaha bikumirwe bitaraba.

Mushinzimana Alex yashimiye inzego z’umutekano zafatanije na Polisi n’abaturage bakabasha kugarura moto ye yari yibwe. Nkuriza na Mushinzimana Emmanuel bashise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB)rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Bugesera kugira ngo bakorerwe idosiye.

Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba imaze iminsi ifata bamwe mu bantu bacyekwaho ubujura mu baturage cyane cyane bwibanda ku gutega abantu bakabambura za moto no gutobora amazu bakiba ibirimo.

RNP

Related posts

Rutsiro: Bamwe mu Banyeshuri baje mu kiruhuko bakirizwa imirimo ivunanye

EDITORIAL

Abarinda ishyamba rya NIRDA barahondaguwe bagirwa intere

EDITORIAL

Ibihumbi 500 Frw byirukanishije Dr Isaac Munyakazi mu ishyaka PDI

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar