Image default
Abantu

Prince Harry aherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda

Mu Cyumweru gishize, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Igikomangoma mu Bwami bw’u Bwongereza,Henry Charles uzwi nka Prince Harry bagirana ibiganiro.

Yari yaje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi nka Perezida w’ikigo gifatanya na guverinoma zitandukanye mu gucunga Pariki z’ibihugu n’ibyanya bibungabunzwe, African Parks.

Iki kigo ni na cyo gifitanye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo gucunga pariki y’igihugu y’Akagera n’iya Nyungwe.

Ubwo Igikomangoma Harry yari mu ruzinduko mu Rwanda yanunamiye Abatutsi bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

@RBA

Related posts

Ruhango: Umupolisi n’umuturage batemwe n’abagizi ba nabi

EDITORIAL

Musenyeri André Havugimana yemeye gutakaza ingingo z’umubiri arwana ku Batutsi bahigwaga

EDITORIAL

Kenya: Umwana w’imyaka 12 yashyingiwe abagabo babiri mu kwezi kumwe

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar