Image default
Ubutabera

Dosiye ya wa mugore wakubise umugabo amuhora ko yanze gutaha yashyikirijwe Urukiko

Ku wa 18 Kanama 2021, Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Huye bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umugore w’imyaka 21 ukekwaho  gukubita umugabo w’imyaka 30 babanaga batarasezeranye amuhoye ko yanze ko bataha.  

Mu minsi ishize ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho y’Umugore bakunze kwita ’Nyirambegeti’ utuye mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, yakubitiye mu nzira umugabo we, amuziza ko yavuye mu rugo akagenda atabimumenyesheje kandi yari amaze igihe amwihanangiriza.

Inkuru dukesha NPPA ivuga ko icyo cyaha cyabaye ku itariki ya 08/08/2021 ahitwa ku Kigugu mu mudugudu wa Kabutare, akagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, akarere ka Huye. Umugore asobanura ko yamukubise inshyi ebyiri yamwicaje hasi, ari nako amupfuka umunwa ngo adatabaza.

Icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake akurikiranyweho kiramutse kimuhamye  yahanishwa  igifungo kigera ku myaka 5 n’ihazabu y’ibihumbi 500.000, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 121 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

Abantu 43 barakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside

EDITORIAL

U Bufaransa: Umunyarwanda wa kane ucyekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishwa

EDITORIAL

Beatrice Munyenyezi uregwa uruhare muri Jenoside yatangiye kuburana mu mizi

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar