Image default
Politike

Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yahaye gasopo iy’Ubumwe bw’Uburayi

“Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda,
Imaze kubona umwanzuro itishimiye w’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi wo
kuwa 11 Nzeri 2025 ku bijyanye na INGABIRE Victoire (2025/2861(RSP));

Yibukije umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ku mwanzuro w’Inteko Ishinga
Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi (2016/2910 (RSP)) wo kuwa 6 Ukwakira 2016 ku Rwanda ku
bibazo bisa nk’ibyo;

Ishimangira ko u Rwanda ari Leta yigenga, ifite ubusugire, demokarasi kandi igendera ku
mategeko nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga n’andi mategeko;

A large room with a semi-circular wooden table where numerous individuals sit, engaged in a formal meeting. Two flags, one with blue, yellow, and green colors and another with a central emblem, stand at the front. A large screen displays a person’s image on the wall behind the table. Several attendees are seated in leather chairs in the foreground, facing the panel.

Ishimangira kandi ko Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi itemerewe kwivanga mu
miyoborere y’u Rwanda kuko binyuranye n’ibiteganywa n’Amasezerano Mpuzamahanga
ashyiraho Umuryango w’abibumbye n’andi mategeko mpuzamahanga;

Izirikana ko u Rwanda rwemera imitwe ya politiki myinshi ku buryo imitwe ya politiki yujuje
ibisabwa n’amategeko ishingwa kandi igakora mu bwisanzure;

Iributsa ko ubucamanza bw’u Rwanda ari bwo murinzi w’uburenganzira n’ubwisanzure bwa
muntu. Bukoresha ububasha bwabwo mu bwisanzure kandi bwubahiriza Itegeko Nshinga, andi
mategeko n’amahame mpuzamahanga;

Iributsa kandi ko INGABIRE Victoire yahamijwe ibyaha bitandukanye, nyuma agafungurwa
ahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, ubu akaba ari mu butabera kubera ko hari ibindi
byaha akekwaho;

1. Yamaganye ikomeje imyanzuro y’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi
igaragaramo kwivanga mu mikorere y’ubucamanza, ibyo bikaba binyuranye n’amahame
ahuriweho y’ubwigenge bw’ubucamanza n’aya demokarasi;

2. Yamaganye umwanzuro n’imvugo by’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi
bishingiye ku makuru abogamye, adashingiye ku mategeko, agorekwa n’abanyapolitiki
bafitiye urwango u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, bagamije gutesha agaciro ubwigenge,
inzego zubakiye ku ihame rya demokarasi, iterambere, umwanya n’icyubahiro by’u Rwanda
mu ruhando mpuzamahanga;

3. Irasaba iyubahirizwa ry’amahame y’ubwubahane, ubwizerane no kubazwa inshingano mu
bufatanye bwose bw’iterambere bityo ikagaya ibangamirwa ry’ayo mahame mu mikorere
y’Inteko Zishinga Amategeko;

4. Yemeje ko uyu mwanzuro ushyikirizwa Visi Perezida wa Komisiyo y’Ibihugu by’Ubumwe
bw’Uburayi/Intumwa Nkuru y’Ubumwe bw’Uburayi ishinzwe Ububanyi n’Amahanga
n’ibirebana na politiki mu by’umutekano, Inama y’Ubumwe bw’Uburayi; Komisiyo y’Ubumwe
bw’Uburayi, Ibihugu by’Ubumwe bw’Uburayi, Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, Umuryango
w’Abibumbye, Guverinoma y’u Rwanda, Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi.”

Related posts

Evariste Ndayishimiye niwe watorewe kuba Perezida w’u Burundi

Emma-marie

Perezida William Ruto asanga u Rwanda rudakwiye kugerekwaho ibibazo bya RDC

EDITORIAL

Abayobozi b’amakoperative bacyuye igihe bemerewe gukomeza kuyobora

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar