Image default
Mu mahanga

Iraq: Imyigaragambyo y’abamagana ibyavuye mu matora y’abadepite yahitanye bamwe

Abantu babiri baraye baguye mu myigaragambyo ikaze mu gihugu cya Iraq, ababarirwa mu ijana na makumyabiri na batanu barakomereka!

Kuri uyu wa gatanu taliki eshanu z’ukwa 11 umwaka wa 2021, mu gihugu cya Iraq mu murwa mukuru Baghdad, ibihumbi by’abantu bihereje imihanda mu myigaragambyo yamagana ibyavuye mu matora y’abagize inteko ishinga amategeko.

Abigaragambya ni abashyigikiye ihuriro ry’amashyaka Fatah Alliance ryashinzwe n’uwitwa Hadiy al Aamiriy mu mwaka wa 2018, ni ihuriro rigizwe na Hash’du Sha’biy igizwe n’amatsinda 40 yari yarashyiriweho kurwanya umutwe wa Islamic State ISIS mu mwaka wa 2014, inama nkuru y’abaislamu muri Iraq ndetse n’indi mitwe ya politiki mito mito mu gihugu cya Iraq.

Nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP muri Iraq, aya matora yabaye mu kwezi gushize ariko abashyigikiye ihuriro ry’amashyaka Fatah Alliance ntibemeranywa n’ibyavuye mu ibarura ry’amajwi y’agateganyo, bakavuga ko ari amatora yabayemo ubujura bukomeye dore ko ari n’amatora yitabiriwe na 41% by’abaturage bose bagombaga gutora.

Amakuru aturuka Baghdad avuga ku gicamunsi cy’uyu wa gatanu abigaragambya binjiye mu mihanda bakaza gusubizwa inyuma n’inzego z’umutekano ariko mu masaha make izuba ritangiye kurenga bongera kugaruka mu mihanda bariye karungu, batera amabuye igipolisi cyashakaga kubahagarika.

Iyi myigaragambyo yahitanye abantu babiri naho abasaga 125 barakomereka, muri abo hakaba harimo abapolisi 98 n’abigaragambyaga 27.

Mustafa Kazemi minisitiri w’intebe wa Iraq yategetse ko hatangizwa iperereza kuri iyi myigaragambyo naho Barham Saleh perezida w’iki gihugu ahamagarira abigaragambya ko bacisha make.

Biteganyijwe ko ibyavuye mu matora bizatangazwa mu buryo budasubirwaho mu myumweru biri imbere, ni amatora kandi ku nshuro ya mbere azatuma abagore bagera kuri 97 binjira mu nteko ishingamategeko y’iki gihugu.

Musinga C.

Related posts

Igisasu cyaturikije Umusigiti gihitana abarenga 30

EDITORIAL

Covid-19:Mu Bushinwa no muri Afurika y’epfo hatahuwe itsinda ry’abakora inkingo mpimbano

EDITORIAL

Imfungwa zirenga 1800 zatorotse Gereza

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar