Image default
Abantu

Joseph Habineza yitabye Imana

Ambasaderi Joseph Habineza wigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo ndetse akaba yarigeze no guhagararira u Rwanda muri Nigeria yitabye Imana azize uburwayi.

Habineza yitabye Imana afite imyaka 57, amakuru atangwa n’abo mu muryango we aravuga ko yaguye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 20 Kanama 2021, aho yari amaze igihe gito kuko yari mu nzira yerekeza i Burayi.

Ubwo Habineza bakundaga kwita ‘Mr Joe’ yari ari i Nairobi, ku ya 18 Kanama 2021, ngo yumvise ubuzima bwe butameze neza biba ngombwa ko murumuna we, Jonas, amujyana kwa muganga ngo barebe ikibazo afite.

Mu gihe byari bitegerejwe ko ibitaro yari arwariyemo bimusezerera kuri uyu wa Gatanu, si ko byagenze kuko ari bwo yitabye Imana, nk’uko byatangajwe n’abo mu muryango we.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

Abakora isuku ku muhanda babangamiwe no kudahemberwa igihe-Ubushakashatsi

EDITORIAL

Musenyeri André Havugimana yemeye gutakaza ingingo z’umubiri arwana ku Batutsi bahigwaga

EDITORIAL

Rutsiro: Uwimana ucyekwaho kwica umugore we yatawe muri yombi

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar