Image default
Abantu

Joseph Habineza yitabye Imana

Ambasaderi Joseph Habineza wigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo ndetse akaba yarigeze no guhagararira u Rwanda muri Nigeria yitabye Imana azize uburwayi.

Habineza yitabye Imana afite imyaka 57, amakuru atangwa n’abo mu muryango we aravuga ko yaguye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 20 Kanama 2021, aho yari amaze igihe gito kuko yari mu nzira yerekeza i Burayi.

Ubwo Habineza bakundaga kwita ‘Mr Joe’ yari ari i Nairobi, ku ya 18 Kanama 2021, ngo yumvise ubuzima bwe butameze neza biba ngombwa ko murumuna we, Jonas, amujyana kwa muganga ngo barebe ikibazo afite.

Mu gihe byari bitegerejwe ko ibitaro yari arwariyemo bimusezerera kuri uyu wa Gatanu, si ko byagenze kuko ari bwo yitabye Imana, nk’uko byatangajwe n’abo mu muryango we.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

Iby’urushako rw’umukobwa wa Robert Mugabe byajemo kidobya

EDITORIAL

Children with disabilities celebrated the 2023 festive season with IZERE MUBYEYI ORGANIZATION

EDITORIAL

Amateka ya Johannes Gutenberg wahinduye amateka yo gucapa no gusoma ku isi

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar