Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa Twitter rw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa 23 Kamena 2021 buragira buti: “Umujyi Kigali wabaye ufunze imihanda itatu mu Biryogo KN 113 St, KN 115 St, KN 126 St ku binyabiziga bikoresha moteri, kugira ngo hakoreshwe mu rwego rwo kwirinda ubucucike ku hasanzwe hari ‘restaurants’, bazajya bahicaza abakiriya bahanye intera muri ibi bihe bya Covid-19.
Ba nyiri ‘restaurant’ barahashyira intebe n’ameza kugira ngo bakomeze kwakira ababagana ariko bakurikiza ingamba zo kwirinda koronavirusi. Nta bindi byemerewe gukorerwa muri iyo mihanda uretse kwakira abakiriya kandi bakitwararika ku isuku yaho. Ntakudohoka.”
Iriba.news@gmail.com