Image default
Mu mahanga

Perezida w’u Burundi ahetse umusaraba-Amafoto

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, yagaragaye ahetse umusara ari kumwe n’imbaga y’abantu bibuka ububabare Yezu Kirisitu yagize akikorera umusaraba yabambweho azira ibyaha by’abantu.

Image

Amafoto yashyizwe ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro bya Perezida w’u Burundi, agaragaza Perezida Ndayishimiye ahetse umusaraba ari kumwe na Madamu we, umwana wabo muto hamwe n’imbaga y’abantu.

Image

Uwa Gatanu Mutagatifu ni umunsi Abakirisitu bazirikana ububabare bwa Yezu Kirisitu, bibuka uburyo yagambaniwe akabambwa azira ibyaha by’abantu. By’umwihariko muri Kiliziya Gatolika, haba icyo bita inzira y’umusaraba. Ni umunsi wo gusiba/kwiyiriza ubusa muri Kiliziya yose ariko nta gitambo cya Misa giturwa.

Image

Inzira y’umusaraba ikorwa n’Abakiristu Gatolika igizwe n’intera 15 zihera aho Yezu acirwa urubanza rwo gupfa, ahetse umusaraba ari na wo yaje kubambwaho, akagwa inshuro eshatu, imbere y’abamushinyagurira.

Photo: Ntare Rushatsi

Iriba.news@gmail.com

 

 

Related posts

Amerika yabujije Israel kwica umutegetsi w’ikirenga wa Iran

EDITORIAL

Abahinzi basaga 40 bishwe baciwe ingoto

Emma-marie

Nepal: Ingwe zakamejeje zirya abaturage

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar