Image default
Mu mahanga

Perezida w’u Burundi ahetse umusaraba-Amafoto

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, yagaragaye ahetse umusara ari kumwe n’imbaga y’abantu bibuka ububabare Yezu Kirisitu yagize akikorera umusaraba yabambweho azira ibyaha by’abantu.

Image

Amafoto yashyizwe ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro bya Perezida w’u Burundi, agaragaza Perezida Ndayishimiye ahetse umusaraba ari kumwe na Madamu we, umwana wabo muto hamwe n’imbaga y’abantu.

Image

Uwa Gatanu Mutagatifu ni umunsi Abakirisitu bazirikana ububabare bwa Yezu Kirisitu, bibuka uburyo yagambaniwe akabambwa azira ibyaha by’abantu. By’umwihariko muri Kiliziya Gatolika, haba icyo bita inzira y’umusaraba. Ni umunsi wo gusiba/kwiyiriza ubusa muri Kiliziya yose ariko nta gitambo cya Misa giturwa.

Image

Inzira y’umusaraba ikorwa n’Abakiristu Gatolika igizwe n’intera 15 zihera aho Yezu acirwa urubanza rwo gupfa, ahetse umusaraba ari na wo yaje kubambwaho, akagwa inshuro eshatu, imbere y’abamushinyagurira.

Photo: Ntare Rushatsi

Iriba.news@gmail.com

 

 

Related posts

Hamenyekanye abahanzi bazaririmba mu mihango yo kurahiza Joe Biden

Ndahiriwe Jean Bosco

Magufuli arasaba indi minsi itatu yo gusenga no kwiyiriza ubusa ngo Imana ibakize Covid

Ndahiriwe Jean Bosco

Senegal: Hari kuba imyigaragambyo ikaze, abategetsi bavuga ko iganisha ku mperuka

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar