Image default
Abantu

Prince Harry aherutse kugirira uruzinduko mu Rwanda

Mu Cyumweru gishize, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Igikomangoma mu Bwami bw’u Bwongereza,Henry Charles uzwi nka Prince Harry bagirana ibiganiro.

Yari yaje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi nka Perezida w’ikigo gifatanya na guverinoma zitandukanye mu gucunga Pariki z’ibihugu n’ibyanya bibungabunzwe, African Parks.

Iki kigo ni na cyo gifitanye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo gucunga pariki y’igihugu y’Akagera n’iya Nyungwe.

Ubwo Igikomangoma Harry yari mu ruzinduko mu Rwanda yanunamiye Abatutsi bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

@RBA

Related posts

“Mbere yo kujya kwiyahura yavuze ko ubuzima bwamunaniye”

EDITORIAL

Umugabo yatsindiye akayabo mu rubanza na Vodacom

EDITORIAL

Gasabo: Hari umugore uvuga ko uwo babyaranye ukora mu rwego rukomeye yamwimye indezo-Video

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar