Image default
Abantu

Rusizi: Ambulance yakoze impanuka bamwe barapfa

Imodoka ya ambulance y’Ikigo Nderabuzima cya Nyabitimbo yari yajyanye umurwayi ku Bitaro bya Mibirizi, isubira i Nyabitimbo yakoze impanuka ikomeye abantu batandatu bari bayirimo, bane barimo umwana w’umwaka umwe habita bapfa.

Yari itwaye abaforomo babiri b’ikigo ndebuzima cya Nyabitimbo, umwana ufite ikigero cy’umwaka w’umubyaza n’undi muntu umwe utaramenyeka, bose uko ari bane bapfuye.

Umushoferi n’umubyaza bakomeretse bikomeye, bajyanwa ku bitaro bya Mibirizi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ku itariki ya 03 Ukwakira 2022, mu mudugudu wa Bunyereri, Akagali ka Kiziho, umurenge wa Nyakabuye, mu karere ka Rusizi niho iriya mpanuka yabereye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakabuye, Kamali Innocent yabwiye UMUSEKE ko impanuka yabaye ubwo imodoka ya ambulance yavaga ku Bitaro bya Mibirizi ijya ku kigo nderabuzima cya Nyabitimbo.

Ati “Mu rukerera saa kumi n’imwe zishyira saa kumi n’ebyiri, imbangukiragutabara yavaga ku bitaro bya Mibirizi ijya ku kigo nderabuzima cya Nyabitimbo, igaruye abarwaza yakoze impanuka abantu batandatu bari bayiromo bane bayiguyemo.”

Icyateye impanuka nubwo kitaramenyekana, uriya muyobozi avuga ko bigaragara ko shoferi yabuze feri.

SRC:Umuseke

Photo: Social Media

Related posts

Huye: Iyo havuzwe ‘uburinganire’ bamwe mu bagabo bumva gutsikamirwa n’abagore

EDITORIAL

Umupolisi wakatiwe urwo gupfa yashinje Joseph Kabila gutegeka iyicwa ry’impirimbayi

EDITORIAL

Gasabo: Abubatse amashuri bigaragambije basaba kwishyurwa

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar