Image default
Sport

Senegal: Igihembo kingana na $87,000 n’ikibanza kuri buri mukinnyi w’ikipe y’Igihugu

Buri muntu mu bagize ikipe y’igihugu ya Senegal yahawe igihembo cy’amafaranga n’ubutaka nk’ishimwe, nyuma yo kwegukana igikombe cya Africa cy’ibihugu.

Mu birori byabereye ku ngoro y’umukuru w’igihugu, buri wese yahawe $87,000 (ushyize mu mafaranga y’u Rwanda ni miliyoni zisaga 100  n’ibibanza mu murwa mukuru Dakar no mu mujyi uri hafi yaho wa Diamniadio.

Perezida Macky Sall kandi iyi kipe yayihaye ishimwe ry’icyubahiro rya “Ordre du Lion”, urwego rwo hejuru rushyirwamo abakoreye Senegal ibikorwa by’indashyikirwa.

Ibyo birori byabaye kuwa kabiri mu gihe hanze y’ingoro ya perezida hari isinzi y’abantu bagikomeje kugenda inyuma y’iyi kipe mu byishimo.

Senegal's President Macky Sall (L) decorates Senegal's forward Sadio Mane (C) during the decoration ceremony near the Palace of the Republic in Dakar on 8 February 2022

Mbere, Perezida Sall yari yashimiye iyi kipe kugera “ku gasongero ka Africa” no kuzana “ishema n’icyubahiro biranga abantu bakomeye”.

Yashimagije kandi umutoza Aliou Cissé, wakomeje gushimwa na bose ku kudatatira icyizere cy’igihe kirekire yahawe n’igihugu cye ngo abageze ku ntsinzi nk’iyi.

Cissé yari yaratsindiwe kabiri ku mikino ya nyuma y’iki gikombe, nk’umukinnyi mu 2002 n’umutoza mu 2019.

Ku cyumweru Senegal yatsinze Misiri kuri penaliti 4 – 2 maze yegukana iki gikombe ku nshuro yayo ya mbere.

Aliou Cissé

Senegal izahura na Misiri mu yindi mikino ibiri muri kwezi gutaha mu itsinda zihuriyemo ryo guhatanira ticket y’igikombe cy’isi muri Qatar.

Rutahizamu Mohamed Sarah wa Misiri yatangaje ko kuri iyi mikino yombi bazihimura kuri Senegal yabatwaye igikombe cya Africa.

BBC 

Related posts

Rutahizamu Mason Greenwood w’ikipe ya Manchester United yatawe muri yombi

Emma-Marie

Yasipi Casimir yabaye uwa mbere mu irushanwa yitabiriye wenyine

Emma-Marie

Imikino ya BAL iragarutse u Rwanda rurahagarariwe

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar