Image default
Politike

Uruzinduko rwa Liyetona Jenerali Muhoozi Kainerugaba mu Rwanda-Amafoto

Image

Tariki 22 Mutarama 2022, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro, Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, baganira ku mubano w’ibihugu byombi.

Image

Image

Kuri Twitter, Ibiro bya Perezida wa Repuburika y’u Rwanda, byatangaje ko bagiranye “ibiganiro byuje ubwuzu, by’ingirakamaro kandi bireba kuri ejo hazaza bijyanye n’ibihangayikishije u Rwanda ndetse n’intambwe zishoboka zicyenewe mu kubyutsa umubano hagati y’u Rwanda na Uganda”.

Image

Gen Muhoozi Kainerugaba, nawe yanditse kuri Twitter ko “icyizere ko ku bw’ubuyobozi bwa ba Perezida bacu bombi tuzashobora kubyutsa umubano wacu mwiza umaze igihe kirekire”.

Image

Muhoozi yashimiye Perezida Kagame ko yumvise  ubusabe bwe bwo gusubiza umusirikare wa Uganda, Private Ronald Arinda, ngo wari wayobeye ku butaka bw’u Rwanda ari muri gahunda ye bwite kandi nta ruhushya abifitiye.

Image

Image

Muhoozi yerekanye ifoto ye n’uwo musirikare wo mu mutwe wihariye, bivugwa ko yari mu Rwanda guhera mu mpera y’ukwezi kwa cumi na kumwe.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

‘Mujyane, hari igihe ari we wazarokoka!’ Ubuhamya bwa Dusengiyumva wiciwe umuryango muri Jenoside

Emma-marie

Kigali: Abasirikare barengwa gufata abagore ku ngufu barakomeza gufungwa

Emma-marie

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’ uBurundi bazahura bitarenze tariki 31 Ukwakira 2024

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar