Image default
Abantu

Padiri Sibomana Jerome yasezeranye n’umukunzi we

Umupadiri wa Diyosezi ya Cyangugu, Sibomana Jerome yasezeranye n’umugore we, Ngabire Teddy imbere y’amategeko, kuzabana ubudatana, nyuma y’uko asezeye ku bupadiri akiyemeza kuba umulayiki. Ni umuhango wabereye mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, ku wa Gatanu tariki 7 Mutarama 2022.

Padiri Sibomana yavuye mu gipadiri mu mwaka wa 2020, akaba yarakoze ubutumwa butandukanye muri Paruwasi ya Yove, Nkombo na Shangi i Cyangugu.

Akenshi bikunda kuba ibidasanzwe kumva ko padiri yiyambuye ikanzu akiyemeza gushaka umugore, bikunze kubabaza abakristu ndetse na bagenzi be bakoranaga umurimo w’Imana n’abasaseredoti bagenzi be, ariko bikaba byiza kumesa kamwe nk’uko bamwe mu bapadiri bajya babikora.

SRC:KT 

Related posts

Cristiano Ronaldo yapfushije umwana

EDITORIAL

Abantu batandukanye bashenguwe n’urupfu rwa Prof. Jean Bosco Gahutu

Emma-marie

Mlangeni Warwanyije Apartheid muri Afurika y’Epfo Yitabye Imana

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar