Image default
Politike

Uhagarariye Congo muri UN yashinje u Rwanda gutwara ‘Ingagi n’inguge’ zabo

Uhagarariye DR Congo mu muryango w’abibumbye Georges Nzongola-Ntalaja yashinje u Rwanda, nta bimenyetso yerekanye, kuvana ingagi z’icyo gihugu mu mashyamba yaho bakazijyana mu Rwanda.

Yashinje u Rwanda gufata DR Congo hagati ya 1998 na 2003 ‘bagasahura’ zahabu na coltan ‘n’andi mabuye y’agaciro menshi’.

Ati: “Banatwara inguge n’ingagi bazivana mu mashyamba ya Congo bazijyana mu Rwanda, ibyo byose birazwi.”

Ingagi zo mu misozi y’ibirunga zisanzura muri iyi misozi miremire ihuriweho na DR Congo, u Rwanda na Uganda.

Muri video yo muri iyo nama, Robert Kayinamura wungirije uhagarariye u Rwanda muri UN agaragara aseka ibi byari bivuzwe na mugenzi we.

Kayinamura ati: “Ibi birego ko buri gihe uko nta mazi bafite ni u Rwanda, nta mashanyarazi ni u Rwanda, nta mihanda ni u Rwanda…Dukwiye kurenga imyumvire nk’iyo.”

Muri Nzeri(9) mu nama rusange y’umuryango w’abibumbye, Perezida Felix Tshisekedi yashinje u Rwanda ‘ubushotoranyi rwihishe muri M23’, mugenzi we Paul Kagame yasubije ko ‘umukino wo gushinjanya ntukemura ibyo bibazo’.

U Rwanda rwakomeje guhakana ibirego bya DR Congo ko rufasha umutwe wa M23 ubu ugenzura umujyi wa Bunagana wo ku mupaka wa n’uduce tuwegereye mu ntara ya Kivu ya Ruguru.

@BBC

Related posts

CLADHO yashimiwe uruhare rwayo mu gushishikariza abaturage gutanga ibitekerezo bishyirwa mu igenamigambi

EDITORIAL

Amaraso mashya muri Guverinoma y’u Rwanda

EDITORIAL

Abarokowe n’Inkotanyi zari muri CND barashima ubutwari bwazo

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar