Image default
Amakuru

Abasirikare bashya basoje imyitozo ibemerera kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda-Amafoto

Abasirikare bashya b’u Rwanda basoje imyitozo y’ibanze ya gisirikare bari bamazemo umwaka ibemerera kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.

Image

Iyo myitozo yaberaga mu Kigo cy’imyitozo cya Gisirikare cya Nasho, umuhango wo kuyisoza witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, akaba yashimiye urwo rubyiruko amahitamo meza rwakoze yo kuba bamwe mu bagize umuryango mugari w’Ingabo z’u Rwanda.

Image

Gen Kazuba yabasabye kuzakorana ikinyabupfura.

Yagize ati “Nta kabuza muzagera kuri iyo ntego mukorane ikinyabupfura binyuze mu byo mwize nk’uko mwabigaragaje uyu munsi.”

Image

Pte Uwizeyimana Mwadjuma, umwe mu basoje amasomo yavuze ko yatewe ishema no kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.

Image

SRC:RDF

Related posts

Abagabo bavuga ko iyo umugore agiye mu nzego zifata ibyemezo batakaza ubugabo -RWAMREC

EDITORIAL

Imibiri irenga 100 y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi yataburuwe mu byobo i Nyamirambo

Emma-marie

Kayonza: Bigira ikoranabuhanga ku kibaho mudasobwa zuzuye mu bubiko

Ndahiriwe Jean Bosco

Leave a Comment

Skip to toolbar