Mu bihe bitandukanye Polisi ikorera mu karere ka Rusizi mu murenge wa Giheke yafashe abantu 7 bafataga imifuka ya sima yubakishwaga amashuri yo muburezi bw’imyaka 12 bakajya kuyigurisha.
Tariki ya 11 Nzeri nanone Polisi ku bufatanye n’abaturage hafashwe Munyarukiko Marc w’imyaka 35 (yari umwubatsi) na Ngizwenayo Jean Paul w’imyaka 35 (yari umuzamu w’ishuri). Bafashwe bamaze kugirisha imifuka 15 ya sima. Bombi bakoraga ku ishuri ribanza rya Ntura riherereye mu murenge wa Giheke mu kagari ka Ntura. Nyuma yo gufata aba bagabo hanafashwe uwitwa Mukeshimana Vianney w’imyaka 62 na Nganabera Damascene , aba bakaba aribo baguze iriya mifuka 15.
Yagize ati “Abaturage bababonaga bagurisha za sima kandi babizi neza ko bashinzwe kubaka kuri ariya mashuri. Bihutiye kuduha amakuru dufatanya n’abayobozi mu nzego z’ibanze turabafata.”
Yakomeje abibutsa ko ibyo bakora ari icyaha gihanirwa n’amategeko, asaba abayobozi b’ibigo by’amashuri birimo kubakwa muri iki gihe kuba maso bakarinda ibikoresho bifashishieje amarondo.
Abafashwe bose uko ari barindwi babanje kujyanwa mu bigo by’akato kugira ngo basuzumwe ko nta bwandu bwa COVID-19 bafite nyuma bazashyikirizwe ubutabera.