Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahaye imbabazi abagore icumi bari barakatiwe n’inkiko kubera icyaha bakoze cyo gukuramo inda mu buryo butemewe n’amategeko, imfungwa zisaga 4000 zemerewe kurekurwa by’agateganyo.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30 Nyakanga 2021 muri Village Urugwiro, ikaba yemerejwemo iteka rya Perezida ritanga imbabazi.
Iyi nama y’Abaminisitiri yanemeje irekurwa ry’agateganyo ry’abagororwa 4781 bari barahamijwe ibyaha bitandukanye.
Abinyujije ku rukuta rwa Twitter, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yemeje aya makuru.
Mu mwaka wa 2019 Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52 bari bakatiwe kubera kwihekura no gukuramo inda, mu 2020 nabwo yahaye imbabazi umuntu umwe n’imbabazi rusange ku bakobwa mirongo itanu (50) bari barakatiwe n’inkiko kubera icyaha cyo gukuramo inda.
Iriba.news@gmail.com