Image default
Ubutabera

Bamwe mu bahoze ari abayobozi ba SONARWA barafunze

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi y’u Rwanda (SONARWA General Insurance) Rees Kinyangi Lulu, hamwe n’uwari umucungamutungo wa Hotel Nobilis Aisha Uwamahoro, bari mu maboko y’ubugenzacyaha kuva ku itariki 2 Ukwakira 2024, aho bakurikiranyweho kunyereza arenga miliyoni 117 Frw.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Dr Murangira B. Thierry, yabwiye itangazamakuru ko aba bombi bakurikiranyweho kunyereza umutungo no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro. Hotel Nobilis nayo ikaba ari umwe mu mitungo ya SONARWA.

Kugeza ubu dosiye yabo yamaze kugezwa mu bushinjacyaha mu gihe iperereza rigikomeje.

Related posts

Umushinjacyaha Brammertz asanga Kabuga akwiye koherezwa mu Rwanda

EDITORIAL

Icyo Kabuga apfa n’umwunganizi we cyamenyekanye

EDITORIAL

Ndasaba urukiko guca inkoni izamba-Major Mudathiru

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar