Image default
Ubutabera

Bamwe mu bahoze ari abayobozi ba SONARWA barafunze

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi y’u Rwanda (SONARWA General Insurance) Rees Kinyangi Lulu, hamwe n’uwari umucungamutungo wa Hotel Nobilis Aisha Uwamahoro, bari mu maboko y’ubugenzacyaha kuva ku itariki 2 Ukwakira 2024, aho bakurikiranyweho kunyereza arenga miliyoni 117 Frw.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Dr Murangira B. Thierry, yabwiye itangazamakuru ko aba bombi bakurikiranyweho kunyereza umutungo no gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro. Hotel Nobilis nayo ikaba ari umwe mu mitungo ya SONARWA.

Kugeza ubu dosiye yabo yamaze kugezwa mu bushinjacyaha mu gihe iperereza rigikomeje.

Related posts

Umutangabuhamya yise abashinja Claude Muyahimana ababeshyi

EDITORIAL

Umugabo yahamwe n’icyaha cyo kwica umugore amukasemo ibice

EDITORIAL

Idamange yanze kuburanira kuri ‘video’

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar