Image default
Amakuru

CP Bizimungu Christophe yasimbuye Umufaransa mu nshingano

CP Christophe Bizimungu yahawe inshingano zo kuyobora abapolisi bose bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUSCA.

CP Bizimungu yasimbuye Umufaransa Major General Pascal Champion, wayoboraga abo bapolisi guhera mu 2019. U Rwanda ni kimwe mu bihugu bifiteyo abapolisi benshi.

Image

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi wa MINUSCA, Mankeur Ndiaye, yifashishije Twitter aha ikaze CP Bizimungu nk’umuyobozi mushya wa UNPOL muri Centrafrique.

Image

Yakomeje ati “Ubunararibonye bwe buzaba ingirakamaro mu gukemura ibibazo bijyanye n’inshingano za @UNPOL.”

Yanashimiye Commissaire Divisionnaire Habi Garba wari umaze amezi atatu ayobora aba bapolisi by’agateganyo.

CP Bizimungu amaze igihe ayobora Ishuri Rikuru rya Polisi mu Karere ka Musanze. Mu 2008 nibwo yinjiye muri Polisi avuye mu ngabo z’u Rwanda, icyo gihe yari Major. Yahise agirwa umuyobozi w’Ishami ryari rishinzwe Ubugenzacyaha, ryitwaga CID.nYanayoboye Ubushinjacyaha bwa gisirikare.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

I Rubavu habereye impanuka batatu bahasiga ubuzima

EDITORIAL

Menya inyungu zo gushora imari mu mpapuro mpeshamwenda za Leta

EDITORIAL

Tanzania: Menya impamvu abahanzi nka Diamond barimo gushimagiza Magufuli

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar