Image default
Ubuzima

U Buhinde: Kanseri ikomeje kwibasira abana n’abakuru

Umubare w’abantu barwaye kanseri biteganyijwe ko uzazamuka cyane mu myaka makumyabiri iri imbere, nk’uko abahanga mu by’ubuzima mu Buhinde babitangaje. Abana bari munsi y’imyaka 12 bari mu bibasiwe cyane n’iyi ndwara.

Praful Reddy, afite imyaka 49, ni umuhanga mu by’ikoranabuhanga mu majyepfo y’Ubuhinde muri leta ya Andhra Pradesh, arwaye kanseri y’ibihaha kandi amaze imyaka ibiri avurwa, harimo ubuvuzi bwihariye, ubuvuzi bwa chemotherapy, mu rwego rwo guhagarika ikwirakwira ryayo.

Kuruka, kubabara umutwe no kugira ibisebe ni bimwe mu bibazo bya hato na hato ahura na byo kandi ntiyizeye niba azakira, nubwo abaganga bakomeje kumwizeza ko azakira.

Reddy yabwiye DW ati:”Abaganga bamaze igihe bampa imiti igamije guhagarika ikura n’ikwirakwira ry’uturemangingo twa kanseri. Nibitagenda neza, nshobora kuzakenera kubagwa ngo bakureho igice cyose cy’igihaha kimwe,”

Mu mujyi wa Bengaluru, mu ntara bihana imbibi ya Karnataka, Dipti w’imyaka 12 ari kuvurwa ubwoko bwihariye bwa kanseri buturuka mu mpyiko kandi bukunze kwibasira abana.

umuganga we, Charu Sharma, yabwiye DW. “Ubu ari guhabwa ubuvuzi bw’imirasire, ariko byateje ingaruka zirimo kwangirika kw’uruhu no gutakaza umusatsi,”

Ibi si ibibazo bihagije kandi umubare w’abantu, cyane cyane abana, mu Buhinde uri kwiyongera cyane mu kuvurwa kanseri kurusha ahandi ku Isi.

Ubuhinde ni umurwa mukuru wa kanseri ku isi?

Raporo yashyizwe ahagaragara n’itsinda ry’ubuzima ry’ikigo cy’Ubuhinde, Apollo Hospitals, mu kwezi gushize yise igihugu cyo muri Aziya y’Epfo nk’ “umurwa mukuru wa kanseri ku isi.”

Icyegeranyo cyagaragaje ishusho iteye inkeke y’ubuzima busubira inyuma muri rusange mu Buhinde, kigaragaza ubwiyongere bukabije bwa kanseri n’izindi ndwara zitandura. Ubu, umuntu umwe muri batatu mu Buhinde afite ibimenyetso bya diyabete itaragaragara neza, naho umwe mu icumi afite ikibazo cy’agahinda gakabije.

Indwara zidakira nk’iz’ubuhumekero, diyabete, umuvuduko w’amaraso, indwara z’umutima, n’ibibazo byo mu mutwe byageze “ku rwego rukomeye,” niko iyo raporo ivuga.

Icyegeranyo cyateganyije ko umubare w’abagaragarwaho na kanseri buri mwaka uzazamuka ukagera kuri miliyoni 1.57 muri 2025, uvuye ku kigero cya hafi miliyoni 1.4 mu 2020.

Kanseri y’amabere, iy’inkondo y’umura n’iy’udusabo tw’intanga ngore ni zo zikunze kwibasira abagore, mu gihe kanseri y’ibihaha, iy’umunwa n’iy’udusabo tw’intanga ngabo ari zo zikunze kwibasira abagabo.

“Indwara za kanseri n’impfu ziterwa na yo biri kwiyongera kandi biteganyijwe ko bizakomeza kwiyongera mu myaka makumyabiri iri imbere,” nk’uko K. Srinath Reddy, wahoze ari perezida w’Ikigo cy’Ubuzima rusange mu Buhinde yavuze.

“Intandaro z’ubwiyongere bw’uburwayi ni izabukure, indyo mbi irimo ibiryo byatunganyijwe cyangwa byongewemo ibinyabutabire, guhura n’umwanda wo mu kirere urimo ibinyabutabire bitera kanseri, n’ihindagurika ry’ibihe ritera kwiyongera k’uguhura n’imirasire ya ultraviolet,”

Apollo Hospitals yanagaragaje uko indwara za kanseri zibasiye abantu mu Buhinde bakiri bato ugereranyije n’ibindi bihugu. Imyaka yo hagati y’abibasirwa na kanseri y’ibihaha ni 59 mu Buhinde, ariko ni 68 mu Bushinwa, 70 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na 75 mu Bwongereza.

Buri mwaka hagaragara abarwayi bashya ba kanseri miliyoni imwe mu Buhinde, 4% byabo ni abana. Abaganga n’abandi banyamwuga mu by’ubuzima banenze ubuke bw’ibikorwa remezo byo kuvura kanseri mu bana.

iriba.news@gmail.com

 

Related posts

Gukingira abaturarwanda Covid-19 aho abagenzi bategera imodoka birarimbanije-Amafoto

Emma-Marie

Gushyukwa igihe kinini kugeza ubwo ubabara mu kiziba cy’inda ni uburwayi ?

Emma-Marie

U Bushinwa bwanze ko OMS igera ku makuru y’ingenzi ajyanye na Covid-19

Ndahiriwe Jean Bosco

Leave a Comment

Skip to toolbar