Image default
Mu mahanga

Kenya: Amaze kuba umwere ku gitero cy’iterabwoba kuri Westgate Mall yahise ashimutwa

Umugabo wari umaze kugirwa umwere ku gitero cy’iterabwoba cyakozwe ku iguriro rya Westgate Mall i Nairobi muri Kenya yahise aburirwa irengero.

Umuryango wa kisilamu utegamiye kuri leta muri Kenya, uvuga ko Liban Abdullahi yashimuswe n’abantu batazwi ubwo yari akiva mu biro bya polisi birwanya iterabwoba.

Ukuriye uwo muryango yabwiye BBC ko  Abdullahi yari muri taxi maze abagabo bitwaje intwaro kandi bipfutse mu maso bagahagarika imodoka arimo bamutegeka kuvamo, baramutwara.

Umunyamategeko we Mbugua Mureithi nawe yabwiye nk’ibi televiziyo NTV yo muri Kenya, gusa yongeraho ko abamutwaye bavuze ko ari abashinzwe umutekano.

Polisi ya Kenya yanze kugira icyo ivuga kuri ibi.

Kuwa gatatu, abantu babiri bahamijwe umugambi w’iterabwoba no gufasha itsinda ryagabye igitero ku iguriro rya Westgate mu 2013 hakicirwa abantu 67.

Liban Abdullahi we yagizwe umwere ararekurwa. Uyu musomali w’impunzi muri Kenya ni umuvandimwe w’umwe mu bagabye icyo gitero akicirwa aho.

Nubwo ari impunzi, afite ibyangombwa bya Kenya, ibi kandi yabirezwe nk’icyaha ko yabibonye mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Urukiko rwamugize umwere no kuri icyo cyaha ruvuga ko ikibazo cy’ubwenegihugu kitazanwa mu manza z’abaregwa ibyaha bikomeye.

Related posts

Uganda yatangaje igihe ingabo zayo zizavira muri Congo-Kinshasa

EDITORIAL

Pakistan: Indege yakoreye impanuka mu ngo abasaga 90 barapfa

Emma-marie

Belarus yafunze umupaka uyihuza na Ukraine

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar