Image default
Abantu

Lieutenant General Jacques Musemakweli yitabye Imana

Lieutenant General Jacques Musemakweli umwe mu basirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda,  akaba yari n’wari Umugenzuzi Mukuru wa RDF yapfuye mu ijoro ryacyeye azize uburwayi.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Ronald Rwivanga, yemereye itangazamakuru iby’iyi nkuru y’incamugongo.

Lieutenant General Jacques Musemakweli yagizwe Umugenzuzi w’Ingabo z’igihugu, tariki 9 Mata 2018, avuye ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara.

General Musemakweli, yigeze no kuba akuriye ingabo zirinda umukuru w’igihugu, ubu yari umugenzuzi w’ingabo z’u Rwanda, umwanya yashyizweho mu kwa 11/2019.

Lt Gen Musemakweli akaba yaranabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, avuye ku buyobozi bw’Ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu mu 2016.

Photo: KT

Related posts

Hagati y’urupfu n’ubuzima, inzira y’inzitane ku bimukira bashaka kujya kumugabane w’i Burayi

EDITORIAL

Kamonyi: Abantu 32 bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka

EDITORIAL

Kamonyi: Abiyita ‘Abahebyi’ batawe muri yombi bari mu nama

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar