Image default
Abantu

Mozambique: Umunyarwanda yishwe arashwe

Umugabo wari mu bakuriye impunzi z’Abanyarwanda muri Mozambique yishwe arashwe ku mugoroba wo ku wa mbere ageze hafi y’iwe mu murwa mukuru Maputo, nk’uko ukuriye ishyirahamwe ry’izo mpunzi abivuga.

Révocat Karemangingo, wari ushinzwe komisiyo y’umutungo muri iryo shyirahamwe, yarashwe n’abantu bari mu modoka ya Toyota Fortuner, nk’uko bivugwa na Cléophas Habiyaremye ukuriye iryo shyirahamwe.

Polisi ya Mozambique nta cyo iratangaza kuri ubu bwicanyi.

Habiyaremye avuga ko ubwo Karemangingo yari mu modoka nto yo mu bwoko bwa Toyota Vitz agana iwe ahitwa Liberdade, imodoka ebyiri zamwitambitse imwe imbere indi inyuma.

Yabwiye BBC ati: “Yari ari hafi kugera iwe, abari mu modoka ya Toyota Fortuner ni bo bamurashe bari hejuru we ari hasi mu modoka ntoya, bamurashe amasasu atandatu.”

Habiyaremye avuga ko polisi yageze ahabereye ubu bwicanyi igakora akazi kayo ariko kugeza ubu nta muntu urafatwa akekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi.

SRC:BBC

Related posts

Yahawe impyiko n’utarahigwaga muri Jenoside ayifata nk’ikimenyetso cy’ubwiyunge

EDITORIAL

Kirehe: Abana babiri bava inda imwe basanzwe mu murima barishwe

EDITORIAL

Menya Capt Ibrahim Traoré wahiritse ubutegetsi i Ouagadougou

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar