Umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda no mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly yitabye Imana.
Inkuru yizewe igera ku IRIBA NEWS iravuga ko uyu muhanzi yaguye muri bimwe mu bitaro byo mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Umuraperi Jay Polly yari amaze igihe akurikiranwa mu butabera kubera icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, yari yahawe itariki azaburaniraho urubanza mu mizi nyuma yo gukatirwa gufungwa iminsi 30 mu gihe Ubushinjacyaha bukiri mu iperereza.
Turacyagerageza kuvugana n’Umuvugizi w’Urwego rushinzwe imfungwa n’amabagororwa mu Rwanda.
Iyi nkuru turacyayikurikirana….