Kuri uyu wa Mbere, Urukiko Rukuru rwafashe umwanzuro ku bujurire bwa Bagirishya Jean de Dieu (Jado Castar) Visi Perezida wa kabiri w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’intoki, wa Volleyball mu Rwanda, rwanzuye ko ahamwa n’icyaha yari akurikiranyweho ariko rumugabanyiriza ibihano rumukatira amezi 8 y’igifungo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, umunyamakuru Bayingana David, wakoranaga na Bagirishya Jean De Dieu kuri Radio B&B FM UMWEZI yanditse ku rukuta rwe rwa Twitter ati “Urukiko Rw’ubujurire rwa Gasabo, rusomye Urubanza rwa Bagirishya Jean De Dieu rumugabanyirije igifungo kiva Ku myaka ibiri kijya Ku mezi umunani.Harabura amezi abiri.”
Jado Castar watawe muri yombi muri Nzeri 2022, mu mpera za Mutarama 2022 nibwo yaburanye asaba atakambira Urukiko asaba guhanishwa gutanga amande, n’ubundi yari yaburanye mu mizi mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo yemera ibyaha aregwa.
Jado Castar , yari yatakambira Urukiko asaba guhanishwa gutanga amande, dore ko ubwo yaburanye mu mizi mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo yemera ibyaha aregwa. Urukiko rw’Ubujurire rukaba rwari rumaze iminsi rusubika urubanza rwe.