Image default
Politike

Rwongeye kwambikana hagati ya M23 n’Ingabo za Leta ya Congo

Imirwano “ikomeye” yubuye mu gitondo cyo kuwa kabiri mu gace ko hafi y’umujyi wa Kitchanga hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo za leta. 

Umunyamakuru uri mu mujyi wa Rutshuru ugenzurwa na M23 muri Kivu ya ruguru yabwiye BBC ko abaturage barimo guhunga iyi mirwano muri Kitchanga yumvikanamo imbunda ziremereye.

Lawrence Kanyuka, umuvugizi w’umutwe wa M23, yatangaje ko ingabo za leta “n’abacancuro bazo” bateye ibirindiro byabo muri Bwiza, Kitchanga no hafi yaho.

Ingabo za leta zirahakana kurwana zifatanyije n’abacancuro kandi leta ishinja umutwe wa M23 kwanga gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro ya Luanda ategeka izo nyeshyamba gusubira inyuma zikarekura ibice zafashe.

Image

Indege y’intambara ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda

Ingabo za leta kandi zishinja M23 ko ariyo igaba ibitero ku birindiro byazo.

Umujyi wa Kitchanga muri Rutshuru usanzwe igice kimwe cyawo kigenzurwa na M23 ikindi n’uruhande rwa leta, nk’uko uyu munyamakuru uri mu mujyi wa Rutshuru ugenzurwa na M23 abivuga.

Umunyamakuru Roger Sebyera ati: “Abaturage benshi barimo guhunga berekeza mu gace ka Mweso” mu burengerazuba.

Mu itangazo rya M23 ryo kuwa mbere, uyu mutwe ushinja ingabo za leta gukomeza gutera ibirindiro byabo “mu gihe M23 irimo kwitegura kurekura utundi duce igenzura” mu kubahiriza amasezerano ya Luanda.

Image

Umujyi wa Gicanga watwitswe

Uruhande rwa leta ruvuga ko M23 itava mu bice ivuga ko yarekuye ahubwo ikomeza kuzenguruka hafi aho no kwimurira abarwanyi bayo ahandi.

M23 ishinja ubutegetsi bwa Kinshasa “kudashaka gukemura mu mahoro aya makimbirane” kandi ko “yahagurukiye gusenya M23”.

Itangazo ryayo rivuga ko M23 ifite “uburenganzira bwo kwirwanaho” kandi kubw’iyo mpamvu “nta yandi mahitamo ifite uretse guhagarikira ibyo bitero aho bituruka”.

@BBC

Related posts

Huye/Nyaruguru: Abarokotse Jenoside 105 nta bufasha bahawe mu myaka 26 ishize

Emma-marie

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda yanenze ibihugu bibuza itangazamakuru kwisanzura

EDITORIAL

Inama ya CHOGM 2020 yari kuzabera i Kigali muri Kamena yasubitswe

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar