Image default
Amakuru

Papa Francis yashavujwe cyane n’abahitanwe n’ibiza mu Rwanda

Umushumba wa Kiliziya Gatolika yatangaje agahinda yagize kandi ko arimo gusengera abagizweho ingaruka n’ibiza byavuye ku mvura yaguye mu ijoro ryo kuwa kabiri mu Rwanda, nk’uko ikinyamakuru Vatican News kibitangaza.

Ibyo biza byishe abantu bagera ku 130 bisenya inzu zirenga 5,000. Agace kibasiwe cyane ni uburengerazuba n’amajyaruguru.

Umushumba wa Kiliziya Gatolika Papa Francis

Icyo kinyamakuru cya Vatican kivuga ko Papa yohereje ubutumwa bwo kwihanganisha abagizweho ingaruka abucishije ku ntumwa ye mu Rwanda, Arkepiskopi Arnaldo Catalan.

Iki kinyamakuru gisubiramo Papa Francis avuga ati: “Mbabajwe cyane no kumva abantu babuze ubuzima n’ibyangiritse kubera imyuzure mu burengerazuba n’amajyaruguru y’u Rwanda”.

Yongeyeho ko “mu buryo bw’umwuka” ari “hafi y’abarimo kubabara kubera aka kaga”.

Ubutumwa Papa yandikira intumwa ze ngo zigeze ku bakristu mu bihugu zirimo kenshi busomwa muri misa kuri paruwasi gatolika z’ibihugu yandikiye.

Birashoboka ko kuri iki cyumweru ubutumwa bwe buzasomwa muri kiliziya zo mu Rwanda aho 40% by’abaturage ari abakristu gatolika, nk’uko bivugwa n’ibarura rusange ry’abaturage riheruka.

Imiryango myinshi, cyane cyane mu burengerazuba n’amajyaruguru y’u Rwanda, iri mu gahinda ko kubura abayo n’ibyabo byangiritse.

Iburengerazuba: Abantu 55 bahitanywe n'ibiza - Kigali Today

Feza Nteziyaremye umugore we yarapfuye nyuma yo gutwarwa n’uruzi rwa Sebeya rwari rwuzuye, yasize umwana w’amezi atandatu, kuwa kane yabwiye BBC Gahuzamiryango ati:

“Nk’ubu inzu nta nubwo wamenya aho yari iri ko yahahoze, n’ibuye ryaragiye. Dukeneye n’ubundi bufasha kugira ngo umuntu yongere atangire bushya.”

Mu gushyingura bamwe mu bapfuye i Rugerero mu karere ka Rubavu kuwa kane, Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abaturage ko “leta ibari hafi”.

Perezida Paul Kagame kuwa kane yatanze ubutumwa bushima inzego za gisirikare, iza gisivile n’iz’amadini “zikomeje” gufasha guhangana n’ingaruka mbi cyane z’ikirere.

@BBC

Related posts

Vegan Café Open In Oak Park’s Nature Yoga Sanctuary

Emma-marie

Leta yisubije by’agateganyo ubutaka budafite abo bwanditseho

Ndahiriwe Jean Bosco

Papa Francis yinubiye umubare uri “hejuru cyane” w’abagore “bakubitwa bakanahohoterwa mu ngo zabo

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar