Umudipolomate wa DR Congo ukorera mu Bubiligi n’abandi bantu babiri bafungiye muri Bulgaria nyuma y’uko bafatiwe mu modoka ku mupaka itwaye ibiro bigera kuri 205 by’ikiyobyabwenge cya Cocaine, nk’uko Minisiteri y’ubutegetsi y’iki gihugu ibivuga.
Iyi modoka yafashwe yari ivuye mu Bubiligi yerekeza muri Turkiya iciye muri Bulgaria, ifite nimero ziyiranga (plate number/plaque) zo mu Bubligi. Yari irimo abagabo babiri b’imyaka 40 na 43 n’umugore w’imyaka 54, nk’uko abategetsi babivuga.
Ambasade ya DR Congo mu Bubiligi yemeje ayo makuru.
Christian Ndongala Nkuku uhagarariye icyo gihugu mu Bubiligi yavuze ko uwo mugabo wafashwe ari Jean de Dieu Mutebwa Mulumba w’imyaka 40 usanzwe ari umuyamabanga wa kabiri w’ambasade ya Congo mu Bubiligi.
”Ibyo yakoze yabikoze ku giti cye , kuko twebwe kuva mu cyumweru gishize twari tuzi ko ari mu kiruhuko cy’uburwayi”, niko Nkuku yabwiye BBC.
Yakora muri ambasade kuva mu 2018.
Ifatwa ry’aba bantu n’ibyo biyobyabwenge ryatangarijwe abanyamakuru ku mupaka, ahari kandi abaminisitiri babiri muri leta ya Bulgaria, abakuru ba polisi n’abashinzwe abinjira n’abasohoka.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ya Bulgaria ivuga ko iyi ari yo cocaine nyinshi cyane ifatiwe icya rimwe ku mipaka y’iki gihugu.
Abategetsi bavuze ko iyo modoka yo mu bwoko bwa Land Rover ifite nimero ziyiranga z’abadipolomate bakorera mu Bubiligi yari itwawe n’umugabo w’imyaka 43 wo muri Bulgaria, irimo umudipolomate wo muri DR Congo w’imyaka 40, n’Umubiligikazi w’imyaka 54 ukomoka muri DR Congo, yafatihwe ku wa gatanu ku mupaka wa Kapitan Andreevo muri Bulgaria irimo kwerekeza muri Turkiya,.
Minisiteri y’ubutegetsi ya Bulgaria ivuga ko imbwa yatojwe kwinukiriza no gutahura ibiyobyabwenge yitwa Raya yerekejwe ku mavarisi yari inyuma y’umushoferi maze ikerekana amakenga.
Ayo mavarisi yajyanywe gucishwa mu kindi cyuma gipima maze nyuma yo kuyafungura basanga arimo amapaki 179 arimo iriya fu yera y’ikiyobyabwenge cya cocaine.
Cocaine yari irimo yari ipakiye mu mavarisi atanu, nk’uko abategetsi muri Bulgaria babivuga. Abari muri iyi modoka bahise bafungwa mu gihe hakiri gukorwa iperereza.
Aba bafunze by’agateganyo bashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 15 na 20 n’ihazabu mu gihe bahamwa n’ibyaha baregwa bijyanye no gutwara ibiyobyabwenge, nk’uko ikigo cy’itangazamakuru cya Bulgaria kibivuga.
Minisiteri y’ubutegetsi ya Bulgaria ivuga ko hashingiwe ku isesengura ryakozwe n’urukiko iyi cocaine yafashwe ifite agaciro ka miliyoni zirenga 22 z’amadorari ya Amerika.
@BBC