Image default
Abantu

Perezida Kagame yavuze kuri Bamporiki wemeye ko yakiriye “indonke”

Nyuma y’uko Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, yemeye ko yakiriye ‘indonke’ agasaba imbabazi Perezida Kagame, yagize abivugaho abinyujije kuri Twitter.

Ubutumwa bwa Bamporiki bwanyuze ku rukuta rwe rwa Twitter yemera ko yakiriye indonke,

 

Perezida Kagame abinyijije aho basubiriza ubutumwa bwanditswe n’uwitwa Jumva Jean Paul wavuze ati “mbabazi z’ Uwiteka n’ abo yahaye ubutware zikubeho, kandi ntukongere gukora ibisa bityo ukundi!”

Perezida Kagame yanditse ati “Ibyo uvuga wowe bifite ishingiro. #Kutongera gukora ibisa nkibyoyakoze bibi. Bitaruguhora mubibi ugahora usaba kubabarirwa! Ibya Bamporiki niko bimeze. Hari nabandi bameze gutyo. Umuntu wese yakora icyaha ariko nokukirinda birashoboka. Guhanwa nabyo birafasha !!!”

Abantu batandukanye bahise bandika ubutumwa basaba Perezida Kagame guha imbabazi Bamporiki, abandi bavuga ko atahora atanga imbabazi.

Inkuru bifitanye isano: https://iribanews.rw/2022/05/06/bamporiki-yemeye-ko-yakiriye-indonke/

Bamporiki Edouard ari mu maboko ya RIB

iriba.news@gmail.com

 

 

Related posts

Kigali: Bamwe mu bakozi bahagaritswe mu kazi kubera Coronavirus

Emma-marie

Burkina Faso: Perezida Roch Kabore yatawe muri yombi

EDITORIAL

Ethiopia: Umuhanzi wari ukunzwe cyane yishwe arashwe urufaya rw’amasasu

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar