Image default
Amakuru

Abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Ngororero batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Ngororero bacyekwaho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza umutungo.

Ku rubuga rwa Twitter rwa RIB handitse ubutumwa bugira butiĀ Taliki ya 18 Ugushyingo 2020, RIB yafunze Harerimana Adrien Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Sovu; Umubyeyi Ildegonde, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero na Ntashamaje Eliazar Umucungamali w’Umurenge wa Sovu.

Bose bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo, guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano.Ā  Abakekwa ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ngororero mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha”.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

Leta izi ikibazo cy’izamuka ry’igiciro cya Gaz

EDITORIAL

Karongi: Urubyiruko rwifuje ko amafunguro yo ku Muganura yajya ategurwa no mu yindi minsi

EDITORIAL

MININFRA and EPD unite to advance Rwanda’s energy future

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar