Image default
Amakuru

Abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Ngororero batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Ngororero bacyekwaho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano no kunyereza umutungo.

Ku rubuga rwa Twitter rwa RIB handitse ubutumwa bugira butiĀ Taliki ya 18 Ugushyingo 2020, RIB yafunze Harerimana Adrien Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Sovu; Umubyeyi Ildegonde, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kavumu mu Karere ka Ngororero na Ntashamaje Eliazar Umucungamali w’Umurenge wa Sovu.

Bose bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo, guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano.Ā  Abakekwa ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ngororero mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha”.

Iriba.news@gmail.com

Related posts

“Mu muco Nyarwanda harimo ibitakijyanye n’igihe bihembera amakimbirane mu Muryango”

EDITORIAL

Covid-19 itagira umuti n’urukingo abayikira bakizwa niki?

Emma-marie

Ingendo hagati y’Intara n’Umujyi wa Kigali hamwe na Moto zitwara abagenzi byongeye gusubikwa

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar