Image default
Abantu Ubutabera

Kicukiro: Babiri batawe muri yombi bakekwaho guhinga urumogi

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buremeza ko hari abagabo babiri batawe muri yombi kuri uyu wa 26 Mata 2020 bakekwaho guhinga urumogi mu gipangu barindaga.

Amakuru yizewe agera ku Iriba news, aravuga ko uwitwa Nsabimana Celestin w’imyaka 25 y’amavuko na Nzabonimpa (irindi ntitwabashije kurimenya) w’imyaka 36 y’amavuko, bakekwaho guhinga urumogi mu gipangu barindaga (bari abazamu) giherereye mu Mudugudu wa Mutangampundu, Akagari ka Gako mu Murenge wa Masaka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, yatubwiye ko aba bagabo batawe muri yombi nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Bafashwe bakekwaho kuba barahinze urumogi muri icyo gipangu barindaga, bose bashyikirijwe Police Station Masaka kugirango bashyikirizwe RIB […] nyiri icyo gipangu siho yari atuye. Tukaba dushimira cyane abaturage batanze amakuru.”

Umutesi yakomeje asaba abatuye mu Karere ka Kicukiro, kujya batanga amakuru kandi ku gihe mu rwego rwo kurushaho gusigasira umutekano.

Iriba.news@gmail.com

 

 

Related posts

Rubavu: Habonetse Umurambo wari umaze iminsi itatu mu kiyaga cya Kivu

EDITORIAL

Bamwe mu barokotse Jenoside bavuga ko hari imvugo zikoreshwa mu manza zibera mu mahanga zibakomeretsa

EDITORIAL

Umwamikazi wa Karaoke avuze umuntu wavuze ko ‘baryamanye’ atazi n’isura ye

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar