Image default
Politike

Minisitiri w’ubutabera w’u Burundi ari mu Rwanda

Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda yakiriye mugenzi we w’u Burundi n’intumwa yaje ayoboye bagirana ibiganiro.

Dr Emmanuel Ugirashebuja na Domine Banyankimbona baganiriye ku ‘Ubufatanye mu rwego rw’ubutabera hagati y’ibi bihugu bivukana”, nk’uko minisiteri y’ubutabera y’u Rwanda ibitangaza.

Image

Ubutumwa bwashyizwe kuri Twitter ya MInisiteri y’u Butabera y’u Rwanda buvuga ko Minisitiri w’u Butabera w’u Rwanda, Ugirashebuja yagize ati: “Ibyo dusangiye biruta cyane ibishobora kudutandukanya[…]twishimiye ko umubano wacu uri gufata icyerekezo gishya.”

Image

Min Ugirashebuja yakomeje avuga ati “Tugomba kubanza gushyiraho imikoranire ikomeye mu rwego rw’ubutabera…Turabizi ko tugifite byinshi byo kuganira mu nzego z’ubutabera[…] bityo inama nk’iyi ni intambwe y’ingenzi muri icyo cyerekezo. ”

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Perezida Kagame yabwiye inteko ishingamategeko ko hari intambwe igenda iterwa mu mubano n’u Burundi.

Yagize ati “Mu bihe biri imbere umubano uraza kugenda urushaho kuba mwiza abarundi n’abanyarwanda babane uko bikwiriye.”

Iriba.news@gmail.com

Related posts

Ibihugu 5 bya EAC byiyemeje gushyiraho ingabo zihuriweho

EDITORIAL

Perezida Kagame yagaragaje intambwe u Rwanda rwateye mu guhangana na Covid-19

EDITORIAL

Perezida Kagame asanga guhangana n’ingaruka za COVID19 bisaba ubufatanye bw’ibihugu

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar