Image default
Mu mahanga

Perezida Kenyatta yahishuye ko ‘ibitutsi’ aribyo byamukuye ku rubuga rwa Twitter

Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yavuze ko yafunze konti ye yo kuri Twitter kubera kuyitukirwaho.

Kuri uyu wa gatatu, Kenyatta yavuze ko yarakazwaga n’abamutukaga kuri urwo rubuga kuburyo atashoboraga gusinzira iryo joro.

Avuga mu Giswayile, yagize ati: “Nahitamo kuganira n’umugore wanjye [ubundi] nkabyuka mu gitondo nkajya ku kazi”.

Uhuru Kenyatta

BBC yatangaje ko konti ye bwite ya Twitter yari ifite abayikurikira barenga miliyoni eshatu, ariko yarahagaritswe none ubu ubutegetsi bwe bukoresha konti y’ibiro bya perezida, kugeza ubu ifite abayikurikira barenga miliyoni imwe.

Ubwo yahagarikaga gukoresha konti ye bwite, itsinda rishinzwe gutangaza amakuru ryo mu biro bye ntabwo ryari ryatangaje impamvu yabimuteye.

Abanya-Kenya bazwiho kwirekura mu mvugo yabo kuri Twitter, ndetse akenshi bagashyamirana n’abakoresha uru rubuga bo mu bindi bihugu.

iriba.news@gmail.com

Related posts

U Bufaransa bwasoje ‘Opération Barkhane’ yo kurwanya intagondwa ziyitirira Islam muri Sahel

EDITORIAL

Congo -Kinshasa: Abarundi basaga 1500 birukanwe

Emma-marie

Akanyamuneza ni kose ku muryango wibarutse abana 9 icyarimwe

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar