Image default
Mu mahanga

Perezida Kenyatta yahishuye ko ‘ibitutsi’ aribyo byamukuye ku rubuga rwa Twitter

Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yavuze ko yafunze konti ye yo kuri Twitter kubera kuyitukirwaho.

Kuri uyu wa gatatu, Kenyatta yavuze ko yarakazwaga n’abamutukaga kuri urwo rubuga kuburyo atashoboraga gusinzira iryo joro.

Avuga mu Giswayile, yagize ati: “Nahitamo kuganira n’umugore wanjye [ubundi] nkabyuka mu gitondo nkajya ku kazi”.

Uhuru Kenyatta

BBC yatangaje ko konti ye bwite ya Twitter yari ifite abayikurikira barenga miliyoni eshatu, ariko yarahagaritswe none ubu ubutegetsi bwe bukoresha konti y’ibiro bya perezida, kugeza ubu ifite abayikurikira barenga miliyoni imwe.

Ubwo yahagarikaga gukoresha konti ye bwite, itsinda rishinzwe gutangaza amakuru ryo mu biro bye ntabwo ryari ryatangaje impamvu yabimuteye.

Abanya-Kenya bazwiho kwirekura mu mvugo yabo kuri Twitter, ndetse akenshi bagashyamirana n’abakoresha uru rubuga bo mu bindi bihugu.

iriba.news@gmail.com

Related posts

Umugore ushinjwa gucucura Banki y’Isi yakatiwe urwo gupfa

EDITORIAL

Intasi ‘ikomeye cyane’ yarekuwe nyuma y’imyaka 20 ifunze

EDITORIAL

Burundi: Leta yasabye umuryango wa Francophonie kuyivaniraho ibihano

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar