Image default
Mu mahanga Politike

Evariste Ndayishimiye niwe watorewe kuba Perezida w’u Burundi

Ku majwi 68%, Gen.Maj. Evaliste Ndayishimiye niwe watorewe kuba Perezida w’u Burundi.

Akanama gashinzwe amatora mu Burundi kamaze gutangaza ko Evariste Ndayishimiye umukandida w’ishyaka rya CNDD-FDD ariwe watsinze amatora y’ umukuru w’ igihugu n’ amajwi 68,72%, mu gihe uwo bari bahanganye Agatho Rwasa yagize 24,19%.

Iyi komisiyo y’amatora ko hiyandikishije gutora abantu bagera kuri miliyoni 5,115, 418 naho abatoye bakaba ari 87% byabo.

Urutonde rw’uko abakandida barindwi bakurikiranye mu majwi yatangajwe;

  • Evariste Ndayishimiye (CNDD-FDD) – 68,72%
  • Agathon Rwasa (CNL) – 24,19%
  • Gaston Sindimwo (Uprona) – 1,64%
  • Domitien Ndayizeye (Kira Burundi) – 0,57%
  • Léonce Ngendakumana (FRODEBU) – 0,47%
  • Nahimana Dieudonné – 0,42%
  • Francis Rohero – 0,20%

Mu matora y’abadepite ishyaka CNDD-FDD naho ryagize imyanya myinshi kuko ryagie amajwi 68% rikurikirwa na CNL ryagize 22%, Uprona igira 2%, abandi bakandida bigenga n’amashyaka bagira amajwi atageze kuri 1%.

Niba nta gihindutse, Evariste Ndayishimiye niwe utorewe kuba Perezida wa cyenda wa repubulika y’u Burundi.

Ku ngengabihe y’amatora biteganyijwe ko ibyavuye mu matora ku buryobwa burundu bitangazwa tariki 04/06/2020, naho perezida mushya watowe akarahira tariki 20/08/2020.

Related posts

Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yahaye gasopo iy’Ubumwe bw’Uburayi

EDITORIAL

Gatabazi Jean Marie Vianney ntakiri Minisitiri

EDITORIAL

Perezida Kagame yavuze ko agiye gufatira ibyemezo bikomeye abayobozi bakora nabi

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar