Image default
Amakuru

Igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel gihawe WFP

Igihembo cy’amahoro cyiritiwe Nobel cya 2020 gihawe ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi WFP cyangwa PAM, kubera umuhate waryo mu kurwanya inzara ku isi.

Komite itanga ibi bihembo byitiriwe Nobel ivuga ko PAM yabaye “ingenzi mu muhate wo kurwanya gukoresha inzara nk’intwaro y’intambara n’amakimbirane”.

Iki gihembo gifite agaciro ka miliyoni imwe y’amadorari (ni hafi miliyari imwe mu mafaranga y’u Rwanda).

Ku nshuro ya 101, uwegukanye iki gihembo yatangajwe na Norwegian Nobel Institute i Oslo.

Umuvugizi wa WFP yavuze ko “iki ari ikintu giteye ishema”.

WFP igereranya ko ifasha abantu miliyoni 97 buri mwaka mu bihugu 88.

Ni bande batsindiye iki gihembo mbere?

Umwaka ushize cyegukanywe na minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed wafashije kunga igihugu cye na Eritrea nyuma y’imyaka 20 bitumvikana.

Barack Obama wahoze ari perezida wa Amerika, nawe yatsindiye iki gihembo mu 2009 kubera “umuhate udasanzwe mu gukomeza ububanyi bw’amahanga y’isi n’imikoranire y’abantu”.

Abandi bazwi cyane bagihawe barimo uwahoze ari perezida wa Amerika Jimmy Carter (2002), impirimbanyi y’uburenganzira bw’abana Malala Yousafzai (2014, gisangiwe), umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (2012), uhoze ari umunyamabanga mukuru wa ONU,Kofi Annan (2001, gisangiwe) na mutagatifu Tereza w’i Calcutta (1979).

Igihembo gikomeye cyane

Ibihembo byitiriwe Nobel ni bimwe mu mashimwe akomeye cyane atangwa ku isi.

Ibi bihembo byatangiye gutangwa ku cyifuzo cy’umuvumbuzi Alfred Nobel wo muri Sweden, byatanzwe bwa mbere mu 1901.

Bihabwa abantu bo mu byiciro bitandukanye “babaye ingenzi cyane mu buzima bw’abantu” mu mezi 12 ashize.

Uwabonye igihembo cyitiriwe Nobel ahabwa ibintu bitatu:

  • Diploma ya Nobel, buri imwe ikoze mu buhanga n’ubugeni byihariye
  • Umudari wa Nobel
  • N’amafaranga, iyo abagihawe barenze umwe barayagabana. Abagihawe bagomba kubanza gutanga imbwirwaruhame kugira ngo bayahabwe.

Hari imyaka imwe ibi bihembo bitigeze bitangwa – cyane cyane mu ntambara ebyiri z’isi.

Ishyirahamwe Nobel Foundation rivuga ko iyo risanze muri uwo mwaka nta muntu ukwiye igihembo mu cyiciro runaka, kibikirwa umwaka utaha.

iriba.news@gmail.com

Related posts

Nyanza: Guhisha umubare w’ibanga biteza amakimbirane mu bashakanye

Emma-Marie

Dore uko Isi ishobora kuzaba imeze mu myaka 20 iri imbere

Emma-Marie

Ibirayi birarya umugabo bigasiba undi

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar