Image default
Amakuru

Ku nshuro ya mbere Kompanyi y’Indege yo muri Israel yatangiye gukorera ingendo mu Rwanda

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Ron Adam,  abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 26 Ugushyingo 2020,  indege ya Kompanyi yitwa ISRAIR yo muri Israel, itangira gukorera ingendo mu Rwanda.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane nibwo ISRAIR yasesekaye ku kibuga cy’Indege cya Kanombe, aho izanye ba mukerarugendo basaga 80 baje gusura ibyiza bitatse  u Rwanda.

Ni ubwa mbere mu mateka indege y’iyi Kompanyi igeze ku butaka bw’u Rwanda, ikaba ibimburiye izindi ngendo indege z’iyi Kompanyi zizajya zikorera mu Rwanda.

Akanyamuneza kari kose kuri ba mukerarugendo bageze mu Rwanda ku nshuro ya mbere

Israeli airline yaje izanye ba mukerarugendo 80

 

Related posts

Polisi yihanangirije abafana b’Amavubi bibagiwe ko bari mu gihe cya ‘Guma mu rugo’

Ndahiriwe Jean Bosco

Perezida Kagame mu kababaro ko gupfusha inshuti ye Magufuli

EDITORIAL

Ingaruka zo kutabarura abapfuye muri Afurika

Ndahiriwe Jean Bosco

Leave a Comment

Skip to toolbar