Image default
Sport

Leta yemeye ko ibikorwa bya Sport bisubukurwa

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko ibikorwa bya Siporo zose byemerewe kongera gukora nyuma y’amezi atandatu byari bimaze byarahagaritswe kubera icyorezo cya Covid-19.

Mu kwezi kwa Gatatu nibwo ibikorwa byose bihuza abantu benshi byari byahagaritswe, by’umwihariko imikino yose kubera icyorezo cya Coronavirus cyari cyugarije isi.

Minisiteri ya Siporo yandikiye amashyirahamwe yose ya Sport iyamenyesha ko imikino yose yasubukuwe ariko hatangwa n’amabwiriza yihariye yo kwirinda COVID-19.

Iyi Minisiteri kandi yamenyesheje amashyirahamwe y’imikino ko agomba gusaba uburengazira bwo gusubukura ibikorwa, ndetse bakanatanga ingengabihe y’amarushanwa bazitabira haba mu Rwanda ndetse no hanze.

iriba.news@gmail.com

Related posts

USA:Icyamamare muri WNBA yahagaritse gukina ngo afunguze uwarenganaga

Emma-marie

BAL 2023: REG yatsinze Kwara Falcons mu mukino wa mbere

EDITORIAL

Uwatsindiye Amavubi igitego rukumbi mu mukino wayahuje na Kenya yahanwe

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar