Image default
Imyidagaduro

The Ben n’umukobwa bivugwa ko ari umukunzi we bari kurya Isi muri Tanzania(Amafoto)

Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin [The Ben] yashyize hanze amashusho amugaragaza afite akanyamuneza, umukobwa bivugwa ko ari  umukunzi we amuri mu gituza aho bari kurya isi (kwinezeza) muri Tanzania.

Uwicyeza Pamella biravugwa ko ari mu rukundo n’umuhanzi Then Ben

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2020, The Ben yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram video ngufu, Miss Pamella amuri mu gituza nawe amufashe n’amaboko yombi mu mbavu bamwenyura bigaragara ko baryohewe n’urukundo rw’aba bombi. Ben yambaye ingofero n’isengeri, umukobwa ateze agatambaro (k’umurimbo) mu musatsi, aya mashusho ntagaragaza icyo yambaye hejuru.

Urukundo rwa The Ben na Miss Pamella Uwicyeza wari mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2019 rumaze iminsi ruhwihwiswa, ariko bombi bakirinda kugira icyo babivugaho mu buryo bweruye.

Uyu mukobwa nawe byigeze kuvugwa ko bari mu rukundo

Gusa mu minsi mike ishize nibwo bombi batangiye guca amarenga ko ibivugwa ari ukuri bagashyira hanze amafoto yabo bombi bari kumwe barebana akana ko mu jisho, ubundi uyu mukobwa akifotoza yambaye ishati y’uyu muhanzi, ibintu bitapfa gukorwa n’ubonetse wese. Izi foto bakaziherekeresha amitoma.

Mu minsi ishize Then Ben yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram ifoto y’uyu mukobwa

Muri Nzeri 2019, ubwo yashyiraga hanze amashusho y’indirimbo ‘Naremeye’ ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye byahwihwiswaga ko The Ben ari mu rukundo n’umukorwa yakoresheje mu mashusho yayo, uyu muhanzi ariko yahise abyamaganira kure, avuga ko iby’urukundo rwe bizajya hanze igihe nyacyo.

Ukuri mpamo ku bivugwa ko aba bombi bari mu rukundo turacyayikurikirana

M.gatesi Ange

Iriba.News@gmail.com

Related posts

Amashusho ya Tiwa Savage atera akabariro hari abashaka kuyabyaza umusaruro

EDITORIAL

Britney Spears yashatse umugabo bwa gatatu

EDITORIAL

Paraguay: Rutahizamu Ronaldinho yatawe muri yombi

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar