Image default
Amakuru Uncategorized

Twitter yatangaje igihugu cyo muri Afrika igiye gushyiramo ibiro byayo

Itangazo ribivuga, umukuru wa Twitter akaba no mu bayishinze Jack Dorsey yaricishije kuri Twitter, ashimira Ghana na Perezida wayo.

Perezida wa Ghana Nana Akufo-Addo na we yasubije kuri Twitter, ahishura ko ku itariki ya 7 y’uku kwezi kane, we na Dorsey bakoranye inama yo mu buryo bw’ikoranabuhanga ry’iyakure.

Addo yavuze ko kuba Twitter yahisemo Ghana ari “inkuru NZIZA CYANE” leta ya Ghana n’abaturage bayo bishimiye, igaragaza “icyizere kigirirwa igihugu cyacu”.

Addo yongeyeho ati: “Iyi ni intangiriro y’ubufatanye bwiza hagati ya Twitter na Ghana, ikaba ari ingenzi ku iterambere ry’urwego rw’ikoranabuhanga rwa Ghana rw’ingirakamaro cyane”.

Umunyamerika Jack Dorsey w'imyaka 44 ni umukuru wa Twitter akaba n'umwe mu bayishinze

                                                          Umuyobozi wa Twitter Jack Dorsey

BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko bamwe mu Banyafurika bakurikiranira hafi ikoranabuhanga bashobora kuba bacyekaga ko Twitter yashyira ibiro bikuru byayo by’Afurika muri Nigeria, Kenya cyangwa Afurika y’epfo kuko ibi bihugu bifite ibigo by’ikoranabuhanga biteye imbere kurushaho.

Ariko mu nyandiko yatangaje kuri Twitter, Dorsey yavuze ko kuba Ghana iherutse kugenwa ngo ibemo ubunyamabanga bw’isoko ritagira imipaka ry’Afurika (African Continental Free Trade Area) “bihuye n’intego yacu ikomatanyije yo kugaragara mu karere kazashyigikira umuhate wacu wo kuvugurura no kunoza serivisi yacu muri Afurika”.

iriba.news@gmail.com

Related posts

I Rubavu habereye impanuka batatu bahasiga ubuzima

Emma-Marie

Mariah Carey yashyize hanze ibyari amabanga akomeye ku buzima bwe

Emma-marie

Ubutasi bw’Amerika bwananiwe kugaragaza inkomoko ya Covid-19

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar