Image default
Mu mahanga

UN irasaba ifungurwa ry’umugabo utemera Imana

Akanama k’impuguke z’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) kasabye abategetsi ba Nigeria gufungura umugabo ukomeye uzwiho guharanira ubumuntu no kutemera Imana umaze umwaka umwe afunzwe.

Mubarak Bala w’imyaka 36, yafunzwe nyuma y’ikirego cyatanzwe kuri polisi muri leta ya Kano mu majyaruguru y’igihugu, kivuga ko yatutse Intumwa y’Imana Mohammed mu butumwa yatangaje kuri Facebook.

BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu itangazo impuguke za ONU zasohoye, zagize ziti:

“Guta muri yombi no gukomeza gufunga Bwana Bala ntabwo ari uguhonyora bikomeye uburenganzira bw’ibanze gusa, ahubwo byanagize ingaruka zikomeye ku ikoreshwa ry’ubwisanzure bw’ibanze muri Nigeria”.

Izo mpuguke zavuze ko zababajwe no kubona abategetsi ba Nigeria batarubahirije itegeko ryo ku itariki ya 21 y’ukwezi kwa cumi na kabiri mu 2020 ryatanzwe n’urukiko rukuru rwa Nigeria ryo gufungura Bwana Bala.

Urwo rukiko rwanategetse ko afungurwa by’agateganyo ndetse agahabwa n’impozamarira ingana n’ama-naira 250,000 (ni arenga gato 612,000 y’u Rwanda) kubera ko uburenganzira bwe bwahonyowe.

Iburanisha ryari riteganyijwe ku itariki ya 20 y’uku kwezi kwa kane ntabwo ryabaye kuko abakozi bo mu rwego rw’ubucamanza bari bari mu myigaragambyo.

Akanama k’impuguke za ONU kasabye leta ya Nigeria gutuma ibyemezo by’inkiko byubahirizwa.

iriba.news@gmail.com

Related posts

Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze i Bujumbura (Amafoto)

Emma-Marie

USA: Trump yajyanwe mu bitaro bya gisirikare igitaraganya

Emma-marie

UK: Minisitiri wasomanye bikajya ku karubanda yeguye

Emma-Marie

Leave a Comment

Skip to toolbar