Image default
Amakuru

Urukiko rwategetse FERWAFA kwishyura asaga miliyoni 120 uwari umukozi wayo

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryategetswe kwishyura uwahoze ashinzwe itumanaho no kuyishakira amasoko, nyuma yo kubisabwa n’urukiko

Jérôme Dufourg wahoze ashinzwe gushaka amasoko n’itumanaho mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda akaza kwirukanwa nyuma y’amezi atandatu gusa, aheruka kurega iri shyirahamwe ku mafaranga avuga ko ryagombaga kumwishyura ritamuhaye.

Uyu mugabo yareze Ferwafa avuga ko mu masezerano bari bafitanye yo guhabwa komisiyo ya 5% ku isoko yabazaniye, aho atahawe amafaranga yatanzwe na Azam TV avuga ko yagize uruhare mu gutuma isinyana na Ferwafa kuba umufatanyabikorwa werekana shampiyona y’u Rwanda mu mwaka wa 2015.

Nyuma yo kurega Ferwafa mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge ndetse akanarutsinda, Ferwafa yaje kujuririra imyanzuro y’urukiko, bitabaza urukiko rukuru narwo ruza gutegeka Ferwafa kwishyura uyu mugabo ibihumbi 119$ (119,578,250 Frws), ndetse bakishyura n’andi 2,190,000 yo kuba yarirukanywe mu kazi hatubahirijwe amategeko.

SRC:KT

Related posts

“Umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare uzaba warangiye muri uyu mwaka wa 2021”

EDITORIAL

Min. Musabyimana yasabye aba ‘Dasso’ gufasha Uturere kwesa imihigo

EDITORIAL

Mu minsi iri imbere umumotari uzajya afatwa yibye azajya yamburwa moto-Gen Mubarak

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar