Image default
Amakuru

Urukiko rwategetse FERWAFA kwishyura asaga miliyoni 120 uwari umukozi wayo

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryategetswe kwishyura uwahoze ashinzwe itumanaho no kuyishakira amasoko, nyuma yo kubisabwa n’urukiko

Jérôme Dufourg wahoze ashinzwe gushaka amasoko n’itumanaho mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda akaza kwirukanwa nyuma y’amezi atandatu gusa, aheruka kurega iri shyirahamwe ku mafaranga avuga ko ryagombaga kumwishyura ritamuhaye.

Uyu mugabo yareze Ferwafa avuga ko mu masezerano bari bafitanye yo guhabwa komisiyo ya 5% ku isoko yabazaniye, aho atahawe amafaranga yatanzwe na Azam TV avuga ko yagize uruhare mu gutuma isinyana na Ferwafa kuba umufatanyabikorwa werekana shampiyona y’u Rwanda mu mwaka wa 2015.

Nyuma yo kurega Ferwafa mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge ndetse akanarutsinda, Ferwafa yaje kujuririra imyanzuro y’urukiko, bitabaza urukiko rukuru narwo ruza gutegeka Ferwafa kwishyura uyu mugabo ibihumbi 119$ (119,578,250 Frws), ndetse bakishyura n’andi 2,190,000 yo kuba yarirukanywe mu kazi hatubahirijwe amategeko.

SRC:KT

Related posts

Amahirwe ku bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’aba Offisiye

EDITORIAL

Covid-19: Hari abafite ababo bafunze batamenye ko hashyizweho uburyo bwo kubavugisha no kuboherereza FRW

Emma-marie

CLADHO  yagobotse abana bacikanwe na gahunda yo kwigira kuri Radio

Emma-marie

Leave a Comment

Skip to toolbar