Image default
Mu mahanga

Tanzaniya: Coronavirus yatumye Perezida Magufuli asuhuzanya mu buryo budasanzwe

Ibiro by’umukuru w’igihugu muri Tanzaniya byashyize ahagaragara ifoto ya Perezida John Magufuli asuhuzanya akoresheje ikirenge n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Maalim Seif Sharif Hamad.

Bijyanye n’ingamba nshya za minisiteri y’ubuzima muri icyo gihugu zo kurinda ikwirakwira rya coronavirus.

Inkuru dukesha BBC ivuga ko iyo virusi yatangiriye mu Bushinwa, aho yatangajwe mu kwezi kwa mbere mu mujyi wa Wuhan uri rwagati mu gihugu, imaze kwica abantu barenga 3,000 ku isi.

Benshi mu bo yishe ni abo mu Bushinwa, ariko ku munsi w’ejo habonetse abayanduye bashya bo hanze y’Ubushinwa bakubye inshuro icyenda ab’imbere mu Bushinwa kuri uwo munsi.

Leta z’ibihugu byo ku isi, zirimo na Tanzaniya, zagiriye inama abaturage kwirinda guhoberana, gusomana no gusuhuzanya n’ikiganza, mu kwirinda ikwirakwira ry’iyo virusi.

Nta muntu n’umwe Tanzaniya yari yatangaza icyekaho kwandura coronavirus. Misiri, Maroc, Tunisia, Nigeria, Algeria na Sénégal ni byo bihugu byonyine muri Afurika byatangaje abantu banduye coronavirus.

 

 

Related posts

Ukraine: Umugore wa Perezida ati ‘mufunge ikirere intambara yo ku butaka tuzayimenyera ubwacu’

EDITORIAL

Inshuti ya Trump yamugiriye inama yo kwemera ko yatsinzwe amatora

Emma-marie

DR: Uwahoze ari Minisitiri w’intebe yambuwe ubudahangarwa

EDITORIAL

Leave a Comment

Skip to toolbar